Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye guhagarika urujya n’uruza hagati y’Imijyi ya Bukavu na Uvira, buvuga ko iki cyemezo gifashwe mu rwego rwo gukaza umutekano no gukumira abarwanyi ba AFC/M23 bashobora gucengera mu bice bigenzurwa na Leta.
Iri hagarikwa ry’ingendo ryatangajwe na Guverineri w’Agateganyo wa Kivu y’Amajyepfo washyizweho na Leta ya Kinshasa, Jean-Jacques Elakano, wavuze ko ritangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026.
Nk’uko byatangajwe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, uyu muyobozi yavuze ko ingendo zose zihuza Bukavu na Uvira zigomba guhita zihagarara, kuko ubuyobozi bufite impungenge ko bamwe mu barwanyi ba AFC/M23 bashobora kwifashisha abaturage n’abacuruzi bakinjira mu bice biri mu maboko ya Leta.
Bukavu kuri ubu igenzurwa na AFC/M23, mu gihe Uvira yo igikomeje kugenzurwa n’ingabo za Leta ya Congo hamwe n’imitwe ya Wazalendo iyishyigikiye.
Mbere gato y’uko iri hagarikwa ritangira gushyirwa mu bikorwa, ku wa Gatandatu ushize Jean-Jacques Elakano yari yahaye abaturage amasaha 48 yo kuba bahisemo aho bashaka kuba bari, asaba ushaka kujya i Bukavu cyangwa i Uvira kuba yahageze mbere y’uko izi ngendo zifungwa.
Yanavuze ko uru rujya n’uruza ruzafungurwa gusa igihe abarwanyi ba AFC/M23 bazaba bamaze kuva mu bice byose bya Teritwari ya Uvira.
Nubwo Leta yatangaje ibi nk’ingamba z’umutekano, abaturage bavuga ko ubuzima bwari busanzwe bugoye mbere y’iki cyemezo. Abenshi bavuga ko ku mihanda ihuza Bukavu na Uvira hari hamaze igihe hashyizwe bariyeri nyinshi zicungwaga n’abasirikare ba Leta ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo.
Hari amakuru avuga ko bamwe mu baturage bavaga i Bukavu berekeza mu bice bigenzurwa na Leta bakubitwaga cyangwa bakamburwa ibyo bafite, bakekwaho kuba intasi za AFC/M23.
