Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

Umugore yaryohewe n’ igikorwa cyo gutera akabariro birangira bamuciye akayabo k’ amafaranga kubera impamvu itangaje.

Nyuma yo kuregwa n’ abaturanyi bamushinja ko ababuza amahwemo kubera urusaku rwe mu ijoro , iyo atera akabariro n’ umugabo we , umugore witwa Kristin Morgan w’ imyaka 41 y’ amavuko wo mu Bwongereza , yahise acibwa amande ya £300_ ni ukuvuga asaga 350, 000 by’ amafaranga y’ u Rwanda.

Ubwo uyu mugore wo mu gace ka Llay muri Wrexham wo muri kiriya gihugu yari amaze gucibwa amande yagiriwe inama yo gushaka uburyo bwo kongera ubushobozi inkuta z’ inzu ye , ku buryo amajwi ye adasohoka bari muri icyo gikorwa.

Nk’ uko ikinyamakuru Mirror cyabyanditse , ngo uyu mugore yarezwe ibyaha bine ndetse arabyemera , bishingiye ku kunanirwa guhagarika urusaku rw’ amajwi aturuka iwe” mu bihe byo gutera akabariro n’ ibiganiro bivugira hejuru bikorwa mu masaha y’ ijoro no mu rukerera .

Louise Edwards, Umushinjacyaha wo muri Wrexham, yavuze ko ubuyobozi bwagejejweho ikibazo cy’ urusaku ruturuka iwe guhera muri Nyakanga 2020, nyuma y’ ibirori byari byabereye iwe mu rugo, yaje kwihanangirizwa , ariko abaturanyi bakomeza kubura agahenge kubera amajwi arimo n’ ayagiye yumvikana barimo gutera akabariro.

Umucamanza yanzuye ko gukora imibonano mpuzabitsina ari uburenganzira bw’ umuntu , ariko icyo gikorwa cyagize ingaruka ku baturage bari hanze y ‘ iki gikorwa , kubera inkuta zisohora amajwi cyane, ngo ni ibintu abaturanyi bageze aho bafata nko kurengera bitabaza urukiko.

Amakuru avuga ko umucamanza yaje guhanisha uyu mugore ihazabu ya £300, ndetse agomba kwishyura n’ indishyi ya £534.

Related posts