Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

Umugabo yakatiwe burundu azira kwica umugore we na we agashaka kwiyahura bikanga

Ku wa gatanu, tariki ya 11 Ugushyingo, umusore w’imyaka 25, Siyabonga Ndlozi, yakatiwe igifungo cya burundu azira kwica umukunzi we muri Afurika y’Epfo.

Ndlozi washinjwaga ubwicanyi no Kurenga ku cyemezo cyo kumurinda umugore we, yakatiwe indi myaka 5 imyaka itanu kubera gukora ihohoterwa ryo mu rugo, aho yakatiwe mu rukiko rukuru rwa Delmas, i Mpumalanga.

Nkuko byatangajwe na Capt. Gibi Mtsweni, umuvugizi wa polisi ya Standerton, Ndlozi yari afitanye umubano mubi n’uwahohotewe(umugore wa Ndlozi), Silindokuhle Nkonde, ufite imyaka 21.

Uwahohotewe yabanje kwishinganisha mu buyobozi nabo bamuha ubwishingiz.

Ku ya 14 Werurwe 2022, uwahohotewe n’ushinjwa batonganye igihe uwahohotewe yamubwiraga ko yakuyemo inda umwana wabo ataravuka.

Ndlozi yararakaye abwira uwahohotewe ko kuva yishe umwana wabo bagomba gupfa bombi bagakurikira umwana wabo.

Ikigaragara ni uko Ndlozi yakusanyije umugozi mu nzu nkuru, akubita uwahohotewe kugeza ubwo ataye ubwenge, nyuma abohesha umugozi ku gisenge maze amanika uwahohotewe.

Ushinjwa kandi yagerageje kwiyahura akoresheje umugozi umwe ariko umuryango we uramukiza.

Silindokuhle Nkonde (umugabo wa Ndlozi) yemejwe ko yapfuye.

Ndlozi yahise afatwa ajyanwa gufunga kugeza igihe yakatiwe igihano cya burundu muri gereza.

Sithembile Masilela, nyina wa nyakwigendera yavuze ko yishimiye iki gihano nubwo kitazagarura umukobwa we.

Yashimiye Umupolisi OJ Hadebe ku bw’umurimo yakoze kugira ngo Ndlozi ahanwe kubera icyaha cye.

Related posts