Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

Nyanza : Umugabo arakekwaho kwihekura mu buryo butumvikana

Mu  karere ka Nyanza     Mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Katarara mu Murenge wa Ntyazo    umugabo   witwa NZARAMYIMANA Ezira w’imyaka  35 y’amavuko,  arakekwaho kwiyicira umwana akaba yaratawe muri yombi  mu ntangiriro za Gashyantare 2024.

Amakuru avuga ko  mama w’uyu mwana yavuye guhinga  akabura  umwana wabo witwa , Iradukunda  Aime Elisabeth yabaza uwo yamusigiye,  ariwe se  akamubwira ko atazi aho umwana ari kuko badasanzwe birirwana.

Umwana yakomeje kubura bitewe n’uko uyu muryango ari umugore n’umugabo bari batabanye neza  nkuko umwe mu bayobozi baho ngaho  yabibwiye Umuseke dukesha ino  nkuru.

Yagize ati”Bari babanye mu makimbirane kuko na nyina w’umwana yemeye ko batari babanye neza kandi kuko n’uwo mugabo twari tumuzi yari igihazi”

Amakuru ahari nuko RIB yatangiye iperereza ryo gushaka aho umwana ari, nyuma y’igihe umurambo w’uriya mwana uza kubonwa mu karere ka Gisagara,
ahantu mu ishyamba uri mu mufuka wari mu njerekani yaciwe hejuru.

Umwe mubayobozi  bo muri ako gace  yabajijwe icyo  yaba azi cyangwa yumvise cyaba cyaratumye uyu mugabo akekwaho kwica uwo yabyaye  asubiza ko bishoboka ko yabitewe no gutanga ikuzimu uyu mwana we ngo abe nk’igitambo kugirango abone amafaranga.

Yagize ati”byavuzwe ko umwana yari yatanzwe ikuzimu kugira ngo abone amafaranga.”

Uwo muyobozi  akomeza avuga ko  bitewe nibyo  uyu mugabo yasize akoze ibikekwa ko ashobora kwiyahura ari byo, aho yanditse urupapuro ruriho ko umugore we  akwiye kuva i Ntyazo akajya gutura i Huye ari naho iwabo.

Kuri ubu  amakuru ahari nuko  Ezra yaburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo akatirwa iminsi 30 y’agateganyo gusa aracyafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu gihe agitegerejwe kujyanwa mu igororero rya Huye.

Related posts