Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

Gatsibo: Abantu baje kuri moto , biyita Abapolisi bakorana na RRA , bahita barasa abaturage babiri , inkuru irambuye…

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Nyakanga 2022, hagati ya saa kumi ( 16: 00′) na saa kumi n’ imwe ( 17: 00′) z’ umugoroba , nibwo abantu batigeze bamenyekana , bakekwa ko ari amabandi baje kuri moto biyita Abapolisi bakorana n’ ikigo cy’ Igihugu cy’ Imisoro n’ amahoro ( RRA) , barashe abaturage babiri bo mu Murenge wa Nyagihanga wo mu Karere ka Gatsibo , gusa ntawahasize ubuzima , ababikoze bahita bacika kugeza ubu ntabwo baraboneka.

Bamwe mu baturage baganiriye n’ Umunyamakuru wa Radio/ TV 10 batangaje ko abantu baje kuri moto , biyitaga Abapolisi bakorana na RRA , binjira muri butiki y’ umucuruzi bakunze kwita Kadogo bavuga ko bagiye gusakamo magendu , basangamo amacupa ane y’ amavuta ya MOVIT bahita bamwuriza moto ngo bajye kumufunga.

Amakuru avuga ko ubwo bashakaga kujyana uyu mucuruzi , bamwe mu baturage biganjemo Abamotari babirutseho kuko bahise bakeka ko atari Abapolisi , ari na bwo bahise barasa abo baturage babiri, ngo ab’ abaturage bahise bahamagara kuri Polisi ya Gicumbi na Gatsibo bababaza niba hari Abapolisi bohereje Nyagihanga , b’ababwira ko ntabo.

Abaturage barashwe bahise bihutanwa kwa muganga mu Bitaro bya Ngarama kuko umwe isasu ryari rikimurimo , batangira kuvurwa n’ abaganga bo kuri ibyo Bitaro.

Aba bantu babiri barimo uwarashwe mu rukenyerero hejuru gato y’ impyiko n’ undi warashwe mu itako , nubwo bakomeretse cyane ndetse bakaba bavuye amaraso menshi , ariko abaganga bavuga ko hari amahirwe menshi ko bazakira

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yabwiye RADIOTV10 ko Polisi y’ igihuhu igiye gukirikirana iki kibazo.

Ifoto yakoreshejwe haruguru igaragaza tumwe mu duce two mu Karere ka Gatsibo.

Related posts