Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Imikino

APR FC iratangira imyitozo hamwe n’abakinnyi bashya

Kuri uyu was mbere tariki ya 17 Nyakanga, ikipe ya APR FC ikina ikiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda iratangira imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino.

APR FC isanzwe ikorera imyitozo ishyorongi iraza gutangira imyitozo idafite abatoza bakuru cyane ko itari yabatangaza. Iyi kipe kandi uyu mwaka w’imikino yaguze abakinnyi b’abanyamahanga byitezwe ko baza gutangirana imyitozo nabagenzi babo bari basanzwe mu ikipe.

Umwaka utaha w’imikino APR FC izakina amarushanwa ny’Afurika ya CAF champions league, aho yitezweho kuzakora ibitandukanye nibyo yakoraga mu myaka ishize, nyuma yo kuzana abanyamahanga.

Related posts