Umwe mu batoza b’abanyarwanda bari gutoza umukino wa Senegal ntazaboneka, Ese habaye iki ???

Umutoza Jimmy Mulisa wari wahawe inshingano zo kuba mu batoza bungirije mu ikipe y’igihugu iri kwitegura umukino wa Senegal, ntazaboneka kuri uyu mukino.

Amakuru Kglnews yamenye ni uko Umutoza Jimmy Mulisa atazagaragara mubatoza b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi bazatoza kuri Senegal mu mukino WA nyuma mu itsinda, wo gushaka tike y’igikombe cy’Afurika CAN uzabera i Huye, cyane ko yerekeje muri Tanzania gukora amahugurwa yo gushaka license A.

Ndendahayo Vedaste ushinzwe amakipe y’igihugu yatangaje ko Ku munsi w’ejo tariki ya 6 Nzeri hazaba Inama ya EXCOM izareberwamo ko hashakwa uwamusimbura cyangwa niba harekwa abahari bagakora.

Uyu mukino w’u Rwanda na Senegal byari biteganyijwe ko umutoza mukuru azaba ari Gérard Buscher, akungirizwa na Seninga Innocent hamwe na Jimmy Mulisa.

Umutoza Jimmy Mulisa udahari Ku mukino w’u Rwanda na Senegal

Related posts

Rayon Sports yazanye “Urukuta” mu biti by’izamu

Kwizera Jojea uherutse gusebya ba myugariro ahataniye igihembo gikomeye muri Amerika

Perezida Kagame yaconze ruhago, Mugisha Gilbert aba inkomarume, Umunya-Brésil aratungurana! Ibihe 5 by’ingenzi byaranze gutaha Stade Amahoro [AMAFOTO]