Umusore w’ i Rwamagana yagiye kuroba mu buryo butemewe birangira ahasize ubuzima

 

Mu Karere ka Rwamagana haravugwa inkuru y’ Umusore wagiye kuroba mu kiyaga cya Muhanzi mu buryo butemewe n’ amategeko ararohama ahita ahasiga ubuzima.

Amakuru ava muri ako Karere avuga ko uyu musore yagiye kuroba muri icyo kiyaga mu buryo butemewe n’ amategeko mu Cyumweru gushize,birangira arohamye abura ubuzima.

Byabereye mu Mudugudu wa Nyakivomo mu Kagari ka Binunga mu Murenge wa Gishari muri ako Karere ka Rwamagana.

Ngo uwo musore yagiye kuroba mu kiyaga cya Muhazi ararohama ,ubwo yari agiye kuroba mu buryo butemewe n’ amategeko , aya makuru yemejwe n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Gishari,Ntwari Emmanuel.

Ati” Uwo musore yarobeshaga umuseke, ubwo yari ategereje amafi rero ifi yatwaye umuseke arobesha aroba yihuta kujya kuwugarura ararohama.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko hifashishijwe inzego zishinzwe umutekano wo mu mazi bagerageza kumushaka aza kuboneka mu ijoro ,umurambo we ubanza kujyanwa gukorerwa isuzuma ku Bitaro bya Rwamagana gusa ejo bawusubije abo mu muryango we.

 

Uyu muyobozi yongeye kwibutsa abaturage gutinya amazi ngo kuko yica ,yabasabye kandi kwirinda ikintu cyose cyashora ubuzima bwabo mu kaga.

Yongeyeho ko abaturage bakwiriye kureka gukora uburobyi butemewe n’ amategeko no gufasha abana babo mu kubarinda kujya gukinira ku kiyaga cya Muhazi.

 

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe