Umushumba w’ Itorero rikomeye mu Rwanda yakoze impanuka ikomeye cyane. Dore uko byagenze

Umushumba w’ Itorero Anglican mu Rwanda EAR muri Diyosezi ya Byumba , Ngendahayo Emmanuel , yakoze impanuka ikomeye y’ imodoka n’ uwo bari kumwe Imana ikinga akaboko.

Amakuru avuga ko iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi ubwo we n’ undi muntu umwe baturukaga mu Mujyi wa Kigali berekeza muri Gicumbi, yabaye mu masaga y’umugoroba wo kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2022 nk’uko bamwe mu nshuti ze za hafi babitangaje.

Ngo iyi mpanuka yabaye ubwo aba bombi bari bageze mu isantere ya Rukomo, bagonga umukingo ariko bombi bavuyemo nta kibazo gikomeye bahuye na cyo bahita bataha.

Gusa imodoka yo yangiritse mu buryo bukomeye cyane.

Related posts

“Kuvuga ubutumwa mu buryo bwinshi kandi kuririmba mbona byabimfashamo”. Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo

Ushaka urupfu asoma impyisi! Pasiteri yongeye guhura n’ urupfu ari muzima nyuma yo kubeshya abakirisitu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu ishyamba

Umupasiteri yatangaje inkuru mbi ko Imana yamweretse ko umuhanzi ufite izina rikomeye muri ‘ Gospel’ hano mu Rwanda agiye gupfa yibwe na Satani