Umuramyi Gisele precious yahitanywe n’urupfu rutunguranye

Umuramyi Gisele Precious wari umaze kwigarurira imitima ya benshi yatabarutse nkuko amakuru yamenyekanye ku mugoroba w’uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022 abitangaza.

Iyi nkuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ndetse benshi mu bakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bagaragaza ko bababajwe n’urupfu rwe.

Ikinyamakuru InyaRwanda cyavuze ko umwe mu bo mu muryango wa Gisele Precious, yakibwiye ko uyu muhanzikazi atari arwaye,yapfuye bitunguranye.

Tariki 18 Ukuboza 2021 ni bwo Nsabimana Gisele wari uzwi nka Gisele Precious yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Niyonkuru Innocent mu muhango wabereye muri ADEPR Gatenga.

Uyu muhanzikazi yitabye Imana nyuma y’ukwezi kumwe yari amaze yibarutse imfura ye.

Gisele Precious yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo: “Imbaraga” yamwinjije byeruye mu muziki, “Inzira zayo”, “Niwe”, “Shimwa”, “Urampagije”, “Nashukuru”, “Mbega urukundo” na “Umurasaba” yari aherutse gushyira hanze ari nayo yakunzwe kurusha izindi zose yakoze.

Umuramyi Gisele precious yitabye Imana

Related posts

“Kuvuga ubutumwa mu buryo bwinshi kandi kuririmba mbona byabimfashamo”. Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo

Ushaka urupfu asoma impyisi! Pasiteri yongeye guhura n’ urupfu ari muzima nyuma yo kubeshya abakirisitu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu ishyamba

Umupasiteri yatangaje inkuru mbi ko Imana yamweretse ko umuhanzi ufite izina rikomeye muri ‘ Gospel’ hano mu Rwanda agiye gupfa yibwe na Satani