Umukobwa wakoraga mu kabari i Rusizi yabyaye umwana amujugunya ku nzira haza imbwa iramurya birangira ashizeho umubiri

Ku wa 16 Nzeri 2023, mu Kagari ka Kiyabo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi , nibwo umukobwa  wakoraga mu  kabari uri mu kigero cy’ imyaka 21 yabyaye umwana maze amuta ku gasozi aribwa n’ imbwa kugeza ashizeho umubiri.

Inkuru mu mashusho

 

 

Ngo uyu mukobwa wakoze aya mahano yari asanzwe akora mu kabari mu Murenge wa Bweyeye akaba akomoka mu Murenge wa Rwambogo.Amakuru yamenyekanye ubwo abaturage babonaga imbwa izererana ikintu mu kanwa n’amaraso ajejeta.

Ndamyimana Daniel, Umuyobozi  w’umurenge wa Bweyeye,  yahamirije UMUSEKE  dukesha ino nkurubko ayo makuru ariyo, ko batabajwe n’abaturage.AtiNiyo, twabimenye saa tatu za mugitondo, ubu ukekwa yafashwe, iyo mbwa abaturage bayibonye baradutabaza twe twasanze yagiye ikimenyetso twabonye ni amaraso.”

Gitifu Ndamyimana avuga ko ubwo uyu mukobwa yashyikirizwaga RIB ya Bweyeye mbere y’uko ajyanwa kwa muganga i Gihundwe, yemeye ko yihekuye.

Uyu muyobozi yavuze ko ari ubwa mbere igikorwa nk’iki kibaye muri uyu Murenge maze asaba abaturage kutihekura bene aka kageni.Ati Ni ukwirinda kwihekura igihe utwaye inda utabishaka hari inzira binyuramo y’amategeko ukemererwa kuyikuramo”

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe