Umukobwa wahoze akundana na Yvan Buravan kwiyakira bikomeje kumugora kuri ubu yasutse amarira karahava. Dore amagambo yatangaje

Umukobwa wahoze ari umukunzi w’ umuhazi Yvan Buravan , kwiyakira bikomeje kumugoro agaragaza ko atariyumvisha uburyo uwo bari baremeranyije kuzabana nk’ umugabo n’ umugore yitabye Imana, mu mugambo yuje ikiniga n’ umubabaro mwinshi uyu mukobwa yagize ati“ Nta kintu mfite cyankiza uburibwe”

Yvan Buravan amaze amezi abiri yitabye Imana. Urupfu rwe rwashenguye abakunzi ba muzika nyarwanda n’urubyiruko rw’urungano rwe. Byageze ku mukunzi we, biba akarusho.Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Chaffy Marty yavuze ko kugeza n’ubu atarakira ko uwari umukunzi we batakari kumwe.

Ati “Ndagukumbuye Van. Nta magambo yasobanura uko merewe ubu, ntabwo ndizera ko wagiye. Ni ibintu bibabaza kandi nta kintu mfite cyankiza uburibwe.”

Uyu mukobwa yongeye gusezeranya Yvan Buravan ko azaharanira kumutera ishema mu buzima bwe bwose.Ati “Nzarinda urwibutso twagiranye kandi nzaharanira ko mu buzima nzagutera ishema. Nakabaye nifuza ko wari kuramba ariko Imana yari ikeneye undi mu malayika! Yibwire ko yankomerekereje umutima.”

Yvan Buravan wari warigaruriye imitima yabenshi yitabye Imana ku wa 17 Kanama 2022.

Related posts

Yago mu marira menshi channe ye ihinduriwe izina avuze amagambo akakaye

Umukunzi wa Dorimbogo yavuze ibintu bitatu byatumye ahagarika gukundana na we birimo no kuba  yaririrwaga amwaka buri kanya ngo barye agatunda!

Umunyamakuru Yago uhorana udushya yajyanywe muri RIB n’ umukobwa bahoze barya agatunda aza kumukangisha gushyira amashusho y’ubwambure bwe hanze