Umukinnyi wa Rayon Sports uri kurebana ay’ingwe na Haringingo Francis yahise yivumbura afata rutemikirere yerekeza hanze y’u Rwanda nyuma y’uko umutoza amutesheje agaciro

Umukinnyi Mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cya Nigeria, Raphael Osaluwe Olise yamaze gusubira iwabo mu gihugu cya Nigeria.

Uyu mukinnyi wari wavunikiye ku mukino wa Kiyovu Sports na Rayon Sports, yaje gukira imvune ahita asubukura imyitozo ariko umutoza Haringingo Francis Christian amwereka ko atazamukoresha mu gihe cya vuba.

Nyuma y’uko Haringingo Francis Christian abwiye Raphael Osaluwe Olise ko atazamukenera vuba, uyu mukinnyi yahise afata rutemikirere yerekeza muri Nigeria gusura umuryango we.

Amakuru ahari avuga ko uyu mukinnyi azagaruka mu cyumweru gitaha ku wa Gatatu cyangwa ku wa Kane.

Raphael Osaluwe Olise ni umwe mu bakinnyi bafite ubuhanga budasanzwe ariko akunda kugira imvune, yageze muri Rayon Sports avuye muri Bugesera FC.

Related posts

Uko byagendekeye umukinnyi wa APR FC wakuwe mu mwiherero w’ Amavubi’ rugikubita, ubu arimo kurira ayo kwarika

Mureke guha agaciro ibyo bihuha bigamije gusebye no guharabika ikipe_ Ubuyobozi bwa APR FC.

Ese koko icyuho cya Fall Ngagne nicyo cyatumye Rayon Sports ititwara neza ntibashe gutsinda APR FC?