Umugore yaguye ku iseta amaze kwibagisha ashaka ubwiza buzakurura abagabo. Inkuru irambuye…

Mu gihugu cya Nigeria haravugwa inkuru y’ umugore w’ imyaka 28 y’ amavuko uzwi ku izina rya Amelia Amelia Pound yapfuye mu buryo bubabaje ubwo yari arimo kwbagisha kugira ngo abe mwiza.

Uyu mugore wari wiyemeje kureba uko yagira ikibuno kinini n’ibindi bic by’umubiri bikurura abagabo,yapfiriye mu Buhindi ubwo yari ku iseta abagwa.

Nk’uko amakuru yagiye hanze abitangaza, uyu mugore w’imyaka 28 ni icyamamare ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umucuruzi ukomeye muri Nigeria. Yapfiriye i New Delhi, mu Buhinde azize ibibazo byaje nyuma yo kubagwa yongeresha umubiri we.

Bivugwa ko Amelia Pound yapfuye ubwo yari amaze kubagwa mu bitaro bitavuzwe amazina. Yapfuye mu gitondo cyo ku wa gatanu, tariki 7 Ukwakira.Nubwo icyateye ingorane zamuviriyemo urupfu kitasobanuwe neza, videwo yakwirakwijwe kuri interineti yerekanye umurambo w’uyu mukobwa uri ku buriri bw’ibitaro.

Related posts

Ruhango:Umugabo yavuze uburyo yariye inzoka akumva iraryoshye kurusha izindi nyama ,abaturage bikangamo

Ibitero FARDC yagabye i Nyangenzi byasubijwe inyuma ikuba gahu

Amahoro yabonetse, ariko turacyafite Ikibazo gikomeye kandi kirimo gushyira ubuzima bwacu mu kaga_ bamwe mu batuye Minembwe