Ruhango: Ibyari ugufana Rayon Sport na APR fc byaviriyemo umwe kwitaba Imana

Mu rucyerera rwo Kuri uyu wa gatatu mu karere ka Ruhango mu murenge wa Mbuye nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umusore w’imyaka 18 witwa Dusabimana Eric.

Reha hano inkuru mu mashusho

Abaturage batuye aho ibi byabereye bavuga ko uyu musore yishwe na Mugenzi we nyuma yuko batongamye bapfa kudahuza amakipe bafana aho umwe yafanaga APR FC mugihe undi yafanaga RAYON SPORT.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbuye Rutayisire Wellars yatangaje ko amakuru bahawe nabaturage bageze mbere ari uko aba  bombi babanje gutongana bikarangira barwanye nyuma yaho Tuyishimire Annicet w’imyaka 28 akaba yahise atoroka mugihe mugenzi we yahise ajyanwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Shyogwe nyuma akaza kwitaba Imana.

Gusa nyuma yibyo uyu Tuyishimire Annicet akaba yaje gufatwa ndetse akaba ari mu maboko y’ubugenzacyaha anavuga ko yarwanye nuyu mugenzi gusa atari yagambiriye kumwica gusa nkuko umunyamabanga nshingwabikorwa yatangaje ko hakomeje gushakishwa undi muvandimwe wa Tuyishimire Annicet bivugwa ko yari kumwe n’uyu mugenzi bakora icyaha

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe