Rubona Emmanuel ibyo kujya gutoza muri Rayon Sports imbwa zabirwaniyemo

Umutoza Rubona Emmanuel arifuza kujya kungiriza umutoza mukuru wa Rayon Sports Wade ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo bubikozwa.

Rubona Emmanuel watoje ikipe y’Intare na APR FC, amakuru ari gukwirakwira  nuko Rayon Sports imushaka ngo aze kungiriza Wade.

Ariko amakuru yizewe dukura hafi y’Ubuyobozi bwa Rayon Sports nuko badashaka Rubona ko aza muri Murera, kubera ko yabaye muri APR FC igihe kinini cyane,kandi ko batakongera gukora amakosa nka yo bakoze bazana Karekezi Olivier wari umwana wa APR FC.

Kuko kuza kwa Rubona Emmanuel muri Rayon Sports,bifatwa nko kwinjirirwa bikabije na Mukeba, bivuze ko ari yo mpamvu abayobozi babaye ibamba kuri icyo cyemezo.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bukomeje gushakisha undi mutoza waza kungiriza utari Rubona Emmanuel uvuye muri APR FC.

Related posts

APR FC irimo abakinnyi bashya yerekeje muri Tanzania ku ntego zo kwerekana ibyo imaze iminsi itetse

Umukinnyi mushya wa Rayon Sports yageze mu Rwanda, avuga ko ataje i Kigali “kubara amazu” [AMAFOTO]

EURO 2024: U Bufaransa bwasezereye Cristiano na Pepe imbokoboko, Mbappé yishimira kunywa umuti urura [AMAFOTO]