RDC: Croix Rouge haricyo yatangaje ku basirikare ba FARDC.

Umuryango utabara imbabare , Croix Rouge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko mu mezi atandatu ashize umaze kuvura inkomere zirenga 634 barimo Ingabo za Leta baba bakomerekeye ku rugamba mu burasirazuba bw’ iki gihugu.

Uyobora Croix Rouge , Lassané Zongo muri Kivu y’ Amajyepfo yavuze ko muri aba 634 , abenshi muri bo bakiriwe mu bitaro bya Bukavu , Goma na Beni aho ngo babatabara bavirirana nyuma yo kurasirwa mu mirwano baba bahanganyemo n’ inyeshyamba. Ati“Mu meza 6 ashize , tumaze kwakira inkomere zakomerekejwe n’ amasasu zirenga 600. Abenshi bakiriwe mu bitaro bya Ndosho, Beni na Goma muri Kivu y’ Amajyaruguru na Bukavu muri Kivu y’ Amajyepfo”.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko barimo kongera ingufu mu bikorwa byo gutabara inkomere ndetse ngo bashyizeho itsinda ritanga amahugurwa mu bice birimo kuberamo intambara cyane cyane muri Kivu y’ Amajyaruguru aho Ingabo z’ Igihugu zihanganye na M23.

Related posts

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe

Perezida Ndayishimiye yavuze uburyo   yabaye mayibobo muri Tanzaniya, aza no kwiba mudasobwa

Umusore w’ i Nyamasheke yafashwe akekwaho gusambanya umwana w’ imyaka 4 agasigarana umwenda w’ imbere yari yambaye!