Pasiteri n’umugore we barashinjwa kuboloka umukirisitu kuri whatsapp nyuma y’uko aretse gusengera mu rusengero rwabo.

Umugabo wo mu gihugu cya Nijeriya ukoresha amazina ya AbujaLagosBoy yaganiriye abamukurikira kuri urwo rubuga, ababwira uburyo Pasiteri n’umugore we bamubolotse kuri whatsapp. Intandaro ikaba y’uko ngo yaretse gusengera mu rusengero rwabo bayobora.

Uyu mukirisitu avuga ko mu by’ukuri yabonye icyerekezo cye kidahura n’ibyo Pasiteri n’umugore we batekereza. Niko guhitamo uko yatandukana nabo n’itorero ryabo mu mahoro ndetse arabibamenyesha baramusengera bemera gutandukana nawe.

N’ubwo yabamenyesheje ko atandukanye nabo ndetse bakanamusengera, ngo yabasigiye undi mukirisitu yizeye wo kumusimbura akajya akora imirimo nka 70% y’ibyo yakoraga muri iri torero. Nyuma ngo yaje gutungurwa no kubona Pasiteri n’umugore we baramubolotse kuri whatsapp we akabona ko batishimiye ko yaretse kujya gusengera mu rusengero rwabo.

Related posts

“Kuvuga ubutumwa mu buryo bwinshi kandi kuririmba mbona byabimfashamo”. Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo

Ushaka urupfu asoma impyisi! Pasiteri yongeye guhura n’ urupfu ari muzima nyuma yo kubeshya abakirisitu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu ishyamba

Umupasiteri yatangaje inkuru mbi ko Imana yamweretse ko umuhanzi ufite izina rikomeye muri ‘ Gospel’ hano mu Rwanda agiye gupfa yibwe na Satani