Nyarugenge: Umurambo w’ umusore wagaragaye mu giti wateye urujijo abawubonye

 

 

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Ukuboza 2023, nibwo umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 wagaragaye umanitse mu giti mu nzira iherereye mu Kagari ka Rwezamenyo mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge.

Abaturage babwiye itangazamakuru ko bakeka ko uyu musore ashobora kuba yiyahuye ndetse ko atari uwo muri aka gace.Habiyambere Emmanuel yagize ati “Ashobora kuba yiyahuye kuko ntawamwica ngo amumanike.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwezamenyo, Nirera Marie Rose, yavuze ati “ Ntabwo ari uwo muri uyu murenge, ashobora kuba yari yaturutse ahandi.”Yavuze ko abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, umurambo we bahise bawujyana ku bitaro bya Kacyiru ndetse n’imyirondore ye yamenyekanye kuko bamusanganye indangamuntu.

Related posts

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe

Perezida Ndayishimiye yavuze uburyo   yabaye mayibobo muri Tanzaniya, aza no kwiba mudasobwa

Umusore w’ i Nyamasheke yafashwe akekwaho gusambanya umwana w’ imyaka 4 agasigarana umwenda w’ imbere yari yambaye!