Nyanza: Bitwikiriye igicuku bajya kwiba amatungo, bahondagurwa n’ abaturage bamwe bapfirayo abandi mu bitaro

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rushyira kuri iki Cyumweru, mu Karere ka Nyanza mu Murengewa Muyira haravugwa inkuru y’ abantu bane bitwikiriye igicuku bajya kwiba amatungo, y’ umuturage babiri muri bo barafatwa bakubitwa n’ abaturage umwe ahita abura ubuzima undi nawe agitwa intere abandi babiri bakuramo akabo karenge.

Byabereye mu mudugudu wa Buhaza ,mu Kagari ka Gati, amakuru avuga aba bantu bane bateye urugo rw’uwitwa Murwanashyaka Theoneste, bacukura inzu bashaka kumwiba ihene.

Amakuru akomeza ko nyir’urugo akimara kubumva yahise avuza induru agatabarwa n’abaturage, maze barwana nabo bajura, umwe muri bo arakubitwa bikomeye ahita apfa. Mugenzi we yakubiswe arakomeretswa ku buryo na we arembye nk’uko bitangazwa n’abamubonye.

Muhoza Alphonse, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira, yagize ati “Abaturage bahise batabara, umwe muri abo bajura bafashwe bimuviramo gupfa.”

Uyu muyobozi yavuze ko uwakomeretse yajyanywe ku bitaro bya Nyanza ngo akurikiranwe n’abaganga, yasabye abaturage gukomeza kwita ku bikorwa byo kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe ariko kandi abasaba kwirinda kwihanira.Ati “Turihanangiriza abaturage ngo ntibakihanire, ntabwo abaturage basimbura ubuyobozi, ntibasimbura Leta cyangwa amategeko.”Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB) rukomeje iperereza ahabereye iki cyaha ngo hamenyekane amakuru yose ku byahabereye n’ababigizemo uruhare.

 

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe