Nyamirambo: Akabari ka Bauhaus kibasiwe n’ inkongi y’ umuriro karashya karakongoka.

Akabari ka Bauhaus kibasiwe n’ inkongi y’ umuriro karashya karakongoka.

Mu Karere ka Nyarugenge , mu Murenge wa Nyamirambo , abakunzi b’ agasembuye bahuye n’ uruva gusenya ubwo batigeze bishimira ijoro ryo ku 12 Gicurasi 2022, nyuma y’ uko akabari ka Bauhaus kibasiwe n’ inkongi y’ umuriro karashya karakongoka.

Amakuru avuga ko aka kabari katangiye gushya mu masaha ya Saa kumi n’ ebyiri , zo kuri uyu wa Kane , bikavugwa ko umuriro waturutse hejuru mu gisenge ugenda usatira ibindi bice.

Ishami rya Polisi y’ u Rwanda risanzwe rizimya inkongi ryahise rihagera , ritangira kurwana no kugabanya ibyago by’ uko hari ubyakwangirika.

Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateye iyi nkongi y’ umuriro muri ako Kabari .

Bauhaus ni akabari kazwi cyane mu Mujyi wa Kigali kubera igisope gikunzwe kagira , kakamenyekana kandi ku nyama zizimya ipfa ari nayo mpamvu kari mu tubari dukunzwe cyane i Nyamirambo cyane cyane muri Weekend.

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe