Nyabihu: Mudugudu yishwe n’ abagizi ba nabi bamuca ubugabo bwe

Abaturage bo mu mirenge ya Rugera na Shyira mu karere ka Nyabihu bavuga ko bahangayikishijwe nuko abagabo baho bari kwicwa bagakebwa ubugabo bukajyanwa nabo batazi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Werurwe 2024,Umuyobozi w’umudugudu wa Jali,mu kagali ka Nyarutembe mu murenge wa Rugera w’akarere ka Nyabihu,yabonetse yapfuye.

Uyu mugabo yasanzwe yiciwe mu murenge wa Shyira akaswe ubugabo nk’uko abo mu muryango we barimo n’umugore we babivuga.Uyu ngo abaye uwa 3 wishwe muri ubwo buryo ariyo mpamvu benshi bakomeje kwibaza impamvu yabyo.

Isango Star iravuga ko Ubuyobozi bw’umurenge wa Shyira bwasanzwemo umurambo buremeza ko hari abantu batatu bakekwa bamaze gufatwa.Burizeza abaturage ko bakomeje gushaka n’abandi bahungabanya umutekano ku bufatanye n’izindi nzego.

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.