Ntibisanzwe! Umupasiteri wabaye Kapiteni mu gisirikare arashinjwa icyaha gikomeye. Inkuru irambuye..

Uwahoze ari Kapiteni mu gisirikari nyuma akaba Pasiteri akurikiranyweho ubufatanyacyaha mu bujura bwabereye mu mudugudu wa Aka’a Esse, mu majyepfo ya Cameroon.

Ibitangazamakuru byatangaje ko ibi byatangijwe n’igitero cyagabwe kuri Minisiteri y’ubukungu, Jean Sylvain Mvondo.Uyu mu Minisitiri yagabweho igitero nyuma y’igihe gito avuye kwivuza.

Mu byumweru bibiri umwe yaramenyekanye maze atabwa muri yombi byanafashije Ubutabera ku menya amakuru kuri uyu Mupasiteri.

Nyuma yitabwa muri yombi ry’umwe mu bagabye igitero, byatumye Michel Julio atabwa muri yombi, kandi yari umushumba mu rusengero rwa Jean Baptiste muri Cameroon.

Amakuru avuga ko yatawe muri yombi akurikiranyweho ubufatanya cyaha mu bujura bwakozwe kwa Minisitiri w’Ubukungu.

Ikindi kandi bikomeza bivugwa ko yasanganywe imbunda 25 zihishe mu rusengero akoreramo umurimo w’Ubupasiteri.

Related posts

Iyo umaze igihe ntacyo ukora uba urimo guta umwanya_ Umwe mu bagororerwa mu kigonkororamuco

Perezida Kagame yagaragaje Latvia nk’umufatanyabikorwa mwiza kandi ufite ibyo ahuriyeho n’u Rwanda

Hari umuyobozi wo mu karere ka Ruhango ufungiwe mu nzererezi