Ntabwo umukobwa  yakwibagirwa nuramuka umukoreye ibi bintu,  igihe  cyose azahora aguhumeka

Hari umugani wo mu Cyongereza ugira uti:”If you offer anything to a woman, she will return it to you ten times over”. Bashatse kuvuga ko ikintu uhaye umukobwa cyangwa umugore akigusubiza n’inyungu zikubye inshuro 10. Ese ni byo ?Abagore cyangwa abakobwa bakunda gukundwa bihoraho kandi bagahabwa ibyo bifuza byose nta na kimwe kivuyemo. Ari ibishoboka abasore bagasenze cyane kugira ngo bahishurirwe ibyo abo bifuza bashaka, ubundi babihere ku murongo babibakorera kuko umukobwa wa nyawe agira ibyo yifuza.

Nyuma y’uko ufashe umutima we ukawutsindira, kora ibi bikurikira kuko ni bwo urugamba rutangiye;

1. Mwoherereze ubutumwa bwa mu gitondo: Umukobwa mukundana akeneye kubyukana ubutumwa bwawe byarimba akaba ari bwo bumubyutsa. Uyu mukobwa ni bwo azabona ko umurutira runaka.

2. Urukundo rwawe rumwereke ubinyujije mu bikorwa: Kora iyo bwabaga ubundi umukunde bidasanzwe ndetse bihoraho, umukunde ubinyujije mu bikorwa nabwo azabasha kugutandukanya na runaka uhora amubwira ko amukunda ariko ntacyo amuha.Ibi uzabisanishe n’umugani ugira uti: “Action speaks louder than words”.Ni amakosa gutereta umukobwa akamara umwaka atarabona impano yawe byibura ingana na kimwe cya kabiri cy’umushahara wawe.

Related posts

Umukobwa nakubwira rimwe muri aya magambo uzamenye ko  yakubenze mu kinyabupfura

Abasore benshi bibwira ko amafaranga ariyo akurura abakobwa n’ abagore baribeshye , hari ikindi kibararura

Uburyo bwagufasha kugabanya uburakaru bw’ umukunzi wawe mu gihe wamuciye inyuma