Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Nirisarike Salomon yabonye ikipe shya Iburayi mu gihugu cy’Ububiligi

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi wari umaze umwaka nta kipe afite yamaze kubona ikipe mu gihugu cy’Ububiligi mu kiciro cya Gatatu.

Myugariro w’umunyarwanda Nirisarike Salomon w’imyaka 30 yamaze gusinya amasezerano y’u mwaka 1 mu ikipe ya Koninklijke Voetbal Klub Tienen (KVK TIENEN) ikina mu kiciro cya Gatatu mu gihugu cy’Ububiligi.

Umwaka ushize w’imikino iyi kipe yabaye iya 12 mu makipe akina shampiyona y’ikiciro cya Gatatu mu Bubiligi.Iyi kipe kandi yambara imyambaro y’ubururu iyo yakiriye imikino iwayo ndetse ikanambara imyenda y’umweru iyo yasohotse.

Salomon yaramaze umwaka adakina nyuma yo gutandukana na FC Urartu ikina ikiciro cya mbere muri Armenia. uyu myugariro ukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda kuva 2012, yanyuze mu makipe atandukanye arimo Saint-Trond na Antwerp zo mu Bubiligi aho yavuye yerekeza muri Pyunik yo muri Armenia.

Related posts

APR FC irimo abakinnyi bashya yerekeje muri Tanzania ku ntego zo kwerekana ibyo imaze iminsi itetse

Umukinnyi mushya wa Rayon Sports yageze mu Rwanda, avuga ko ataje i Kigali “kubara amazu” [AMAFOTO]

EURO 2024: U Bufaransa bwasezereye Cristiano na Pepe imbokoboko, Mbappé yishimira kunywa umuti urura [AMAFOTO]