Muri Car Free Zone yo mu Biryogo batatu baturikanwe na Gaz abakiriya barimo kunywa agasembuye baragwirirana bakizwa n’ amaguru , inkuru irambuye…

Mu mujyi wa Kigali , ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 09 Nyakanga 2022, ku rubuga rwa twitter hacicikanye ifoto igaragaza , muri Car Free Zone yo mu Biryogo , abakozi batatu bakora muri cantine yari irimo barakomereka bikomeye cyane ku gihimba ku buryo bahise bajyanwa kwa muganga igitaraganya.

Biravugwa ko iyo Gaz aribwo bari bakiyogura , bacanye umwambi kugira ngo bateke , ihita iturika ako kanya.

Amakuru avuga ko abakozi bari mu nyubako yari irimo bahise bakomereka bikomeye , ku buryo ku gice cyo hejuru bamwe bari bakomeretse mu buryo bugaragara.

Bivugwa ko hari abari bumvise ko igiye guturika kubera umwuka wayo , bahita bakizwa n’ amaguru.

Inzego zishinzwe ubutabazi zahise zihagera , zitwara kwa muganga abari bakomeretse.

Usibye abo bakomeretse batwitswe na Gaz, abandi bakomeretse ni abakiliya bari bagiye kunywa icyayi no kurya capati bagwiriranye bahunga.

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.