Muhanga: Umubyeyi w’abana babiri yiyahuye  akoresheje umugozi arangije atwika inzu ye.

Mu karere ka Muhanga  Umurenge wa Muhanga,  mu Kagari ka Nyamirama,  Mudugudu wa Ntonganiye,  umugabo witwa  Minani Jean Marie Vianney w’imyaka 40 y’amavuko , yiyahuye akoresheje umugozi arangije atwika inzuye.

Amakuru  avuga ko uyu mugabo mbere yuko afata iki cyemezo cyo kwiyahura, yabanje  kwica ingurube bari bafite ayikase ijosi akoresheje umupanga, akurikizaho no gutwika inzu  babagamo ibyari mu cyumba birashya.

Abaturanyi b’uyu mugabo bavuga ko Minani Jean Marie Vianney n’umugore we witwa Iradukunda Colette bahoranaga amakimbirane.

Meya w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, avuga ko  ibi bikimara kuba, Inzego zibishinzwe zahageze, ubu umurambo ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Kabgayi.

Uyu mugabo  yari afite abana  babiri yabanaga n’umugore batarasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.