Mu Karere ka Nyamasheke , Umugore wari ugiye gushaka icyo yirira yashizemo umwuka mu buryo butunguranye biturutse kw’ igare hamwe n’ ikamyo

Mu Karere ka Nyamasheke habereye impanuka itunguraye ,  aho Ikamyo ifite ibirango byo muri Congo,  CGO 5959 AC22 yateje iyi impanuka amagare yari ayiturutse imbere igonga abantu batatu muri bo umugore umwe  ashiramo umwuka.

Nkuru mu mashusho

Nk’uko ifoto ibigaragaza ikamyo yaguye irambarara mu muhanda irawufunga wowe, amagare yaturukaga imbere yayo yahise agonga abagenzi bigenderaga ku ruhande rw’umuhanda, Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25  Nyakanga, 2023 saa tanu z’amanywa (11h00 a.m) mu murenge wa Ruharambuga, ho mu karere ka Nyamasheke, mu ntara y’Iburengerazuba.

Umuvugizi  wa polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yemeje ko iyi mpanuka yabaye.Yatangaje  ko yatewe n’uko iyo kamyo yagize ikibazo tekinike gushyiramo vitesi bikanga, igwa mu muhanda, irawufunga itera amagare yari imbere yayo gukora impanuka yahitanye umugore.Ati Impanuka yabaye  imodoka y’ikamyo ifite ibirango by’inkongomani yavaga Tanzania yerekeza Congo, yageze mu muhanda bashyizemo vitesi zanga kujyamo, igwa mu muhanda irawufunga, nta muntu  yagonze, amagare yari ayiturutse imbere niyo yagonze abantu batatu, umugore umwe ajya mu bitaro agezeyo yitaba Imana”.

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe