Kigali: Umugore aracyekwaho kwicisha icyuma uwo bashakanye.

Kamwe mu duce two mu Murenge wa Kimisagara

Umugore wo mu Kagari ka Katabaro mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge,ho mu Mujyi wa Kigali arakekwaho kwica umugabo we amuteye icyuma mu mutima.

Amakuru y’uru rupfu rw’uyu mugabo, yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024.

Abaturage babwiye BTN tv dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo n’umugore we bari basanzwe bakora akazi ko gucuruza inyama mu ibagiro rya Nyabugogo ndetse bapfuye amafaranga ibihumbi 20.

Umukuru w’Umudugudu w’Umurinzi mu Kagari ka Katabaro, Hategekimana Adophe, yavuze ko umugore wa nyakwigendera yamaze gutabwa muri yombi.

Amakuru akaba avuga ko yamuteye icyuma agahita ashiramo umwuka.

Jean Damascene Iradukunda/ kglnews.com

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe