Heritier Luvumbu yakoreye ubuvugizi umukinnyi wa Rayon Sports ukomeje kurebana ay’ingwe n’umutoza Haringingo Francis Christian

Umukinnyi Mpuzamahanga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Heritier Luvumbu Nzinga yasabye umutoza Haringingo Francis Christian guha agaciro rutahizamu Moussa Camara akazajya amubanza mu kibuga.

Hashize igihe bivugwa ko rutahizamu Moussa Camara adacana uwaka n’umutoza Haringingo Francis Christian bikaba bituma ari nayo mpamvu nyamukuru atamuha umwanya wo gukina.

Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Rayon Sports yakinaga na APR FC, umutoza Haringingo Francis ntabwo yigeze yitabaza Moussa Camara ibi bikaba ari bimwe mu byababaje abakinnyi ba Rayon Sports kuko bemera ko Moussa Camara arusha ubuhanga Musa Esenu uhora ahabwa umwanya kandi adatanga umusaruro ushimishije.

Amakuru yizewe KGLNEWS yamenye ni uko Heritier Luvumbu Nzinga yabwiye umutoza Haringingo Francis ko akwiye guha umwanya Moussa Camara kuko ari we bamenyeranye ku buryo iyo bari gukinana bimworohera kotsa igitutu amakipe atandukanye.

Uretse Heritier Luvumbu Nzinga wifuza ko Moussa Camara yajya ahabwa umwanya, n’ubuyobozi bwa Rayon Sports ndetse n’abafana b’iyi kipe bose bemeza ko nta mpamvu yagakwiye gutuma uyu Munya-Mali yicazwa kuko atanga umusaruro uruta uwa Musa Esenu.

Related posts

APR FC irimo abakinnyi bashya yerekeje muri Tanzania ku ntego zo kwerekana ibyo imaze iminsi itetse

Umukinnyi mushya wa Rayon Sports yageze mu Rwanda, avuga ko ataje i Kigali “kubara amazu” [AMAFOTO]

EURO 2024: U Bufaransa bwasezereye Cristiano na Pepe imbokoboko, Mbappé yishimira kunywa umuti urura [AMAFOTO]