Burera: Umugabo n’ umugore we ubwo bari bavuye kwiragiza Imana, baje batongana umwe ahita yiyambura ubuzima.

 

 

Mu Mudugudu wa Cyave, mu Kagari ka Rushara, mu Murenge wa Nemba , wo mu karere ka Burera ,haravugwa inkuru y’ umugabo witwa Ntambara Fidèle w’ imyaka 30 ubwo yari avuye gusenga yatahanye n’ umugore we Nyiranzeyimana Florence, bataha batongana bageze mu rugo umugore ahita yahukana nyuma umugabo we ahita yiyahura akoresheje umugozi.Byabaye kuri iki cyumweru tariki 17 Werurwe 2024

Amakuru dukesha igicumbinews atangwa n’inzego z’ibanze z’aho byabereye avuga ko ejo hashize inzu y’uyu muryango yiriwe ikinze bakubise agatima ku kuba umugore yahukanye bahita bajya kwica urugi basanga uyu mugabo yimanitse mu mugozi yashizemo umwuka.

SP Jean Bosco Mwiseneza,Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko uyu muryango wabanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakaba bari bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutungo.

Ati: “Bari bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo. Polisi iragira inama abaturage gutangira amakuru ku gihe y’ingo zibana zifite amakimbirane, icyaha kigakumirwa kitaraba”.

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.