Amakuru agezweho! M23 imaze gufata utundi duce twingenzi two muri Mwenge.

 

Amakuru agezweho ni uko abarwanyi ba M23 barwanya ubutegetsi bwa Repubilika ya Congo ko bamaze gufata utuce dukomeye two muri Mwenge nyuma yo gufata iya Walungu muri Kivu y’ epfo.

Amakuru aturuka muri RDC avuga ko uyu mutwe wa M23 uyu munsi ari bwo yafashe agace ka Kitutu na Karungutu na Kalama. Utwo duce twose ngo twafashwe duherereye muri Teritwari ya Mwenge.

Ngo aka gace ka Kitutu kari muri turiya duce twafashwe n’ uyu mutwe wa M23 kazwiho kuba kibitseho ubutunzi kamere ndetse kakabamo n’ isoko nini, Aho inagurishyirizwamo n’ inka n’ ibindi bicuruzwa by’ ingenzi bitandukanye. Aba barwanyi ba M23 binjiye muri Mwenga i Teritwari ifite imisozi igera i Mulenge inatuwemo n’ Abanyamurenge,nyuma y’ aho bafashe ibice bikomeye byo muri Teritwari ya Walungu na Centre yayo.

Ni mu gihe kandi ku munsi w’ ejo hashyize bafashe cheferi ya Ngweshi n’ utundi duce tuyikikije nka Tubimbi na Mudubwe two muri Teritwari ya Walungu.

 

 

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe