Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Imikino

Amafoto:Rayon Sports yasinyishije Rutahizamu mushya ukomeye

Rayon Sports yasinyishije Rutahizamu w’Umunya-Sénégal, Alon Paul Gomis, wari umaze iminsi mu igerageza.

Uyu Rutahizamu yaje muri Rayon Sports aje gusinya amasezerano nubwo Rayon Sports itamwizeye neza ikabanza kumunyuza mu igirageza.

Alon Paul Gomis Rutahizamu mushya wa Rayon Sports yameje ubuyobozi bwa Rayon Sports mu myitozo yakoze byatumye bahita bafata umwanzuro wo kumusinyisha.

Uyu Rutahizamu Gomis yasinyiye Rayon Sports amezi 6 asigaye kugira ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere irangiye,hanyuma bakareba uko yitwara.

Ibi birashyira Musa Esenu mukaga,ko kuba atagaruka muri Rayon Sports nyuma yo gusinyisha ba Rutahizamu babiri.

Shampiyona izatangira tariki ya 12 Mutarama 2024 aho Rayon Sport izakina na Gasogi United ya KNC.

Rutahizamu mushya Gomis asinya amasezerano ari kumwa na Peresida wa Rayon Sports.

Related posts