![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/5ANPr9NhjUQhd-1024x576-2.jpg)
Ibyamamare bikunze kugira ubuzima bwabyo ibanga ariko nanone byagera kubuzima bw’urukundo bwo bikaba ibindi bindi , ariko kandi hari abandi baterwa ishema nibyo barimo bakabishyira ahagaragara ,niyo mpamvu muri iy’inkuru ngiye kukugezaho inkuru z’ibyamamare ziryohewe n’urukundo muri iyiminsi.
- Miss Nishimwe Naomi na Michael
![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/20220705_094004.jpg)
Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomi n’umukunzi we Michael usanzwe ari umunya Ethiopia ariko wagiye uba mu bihugu byinshi birimo Ubwongereza , ni imwe muri couple zigezweho kandi zikundwa na benshi ku mbuga nkoranyambaga , ibi ubibona iyo uyu mukobwa ashyize hanze ifoto barikumwe uburyo yakirwa.
- Yago na Charly
![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/PhotoCollage_1638381558220.png)
Umunyamakuru Yago ndetse n’umukobwa usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za America , aho aba bombi bahishuye muri uyu mwaka ko bakundana binyuze mubutumwa bagiye bahana ku mbuga nkoranyambaga bushimangira ko bakundana.
- Frank na Murigande Laurine
![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/ebgry.jpg)
Uyu musore witwa Frank ,asanzwe ari umufotozi mwiza mu Rwanda , ndetse akunze kuba mubafotora H.E Paul Kagame , ku mbuga nkoranyambaga iyo urebye usanga amafoto yuyu musore na Murigande aba yishimiwe n’abantu ndetse banababwira ko babashyigikiye.
- Zaba Missed Call na Miss Lindah
![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/5E1C784E-85A7-4531-AB67-DA296764995E-1024x1010.jpeg)
Iby’urukundo rwaba bombi bitangira abantu ntibabanje kubyizera bitewe ahanini no kuba uyu musore ,abantu baratekerezaga ko yaba arigukina filime cyane ko bombi ari abakinnyi ba filime , gusa mu kiganiro aba bombi baheruka kugirana na Yago Tv Show bashimangiye ko bari mu rukundo rwa nyarwo.
- Shaddyboo na Manzi
![](https://kglnews.com/wp-content/uploads/2022/10/7D3DA9E5-D59B-4465-8C4C-8DB3E9AC28ED-766x1024-1.jpeg)
Shaddyboo ni umubyeyi w’abana 2 yabyaranye na Meddy Saleh usanzwe utunganya amashusho y’abahanzi batandukanye , mu mwaka wa 2016 Shaddybo na Meddy Saleh biyemeje gutandakuna buri wese akomeza ubuzima bwe , icyakora muri uyu mwaka mu Shaddboo yatangiye kuvugwa mu rukundo n’umusore witwa Manzi ndetse nyuma aza kubishimangiza ubutumwa yanyuzaga ku mbuga nkoranyambaga ze