Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

MUHANGA:  Umusore w’inkoramahano bikekwa ko yibaga insinga z’amashanyarazi yarashwe ahita apfa mu gihe yageragezaga gutema abapolisi.

Polisi y’u Rwanda yarashe umujura ukekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi ahita apfa ako kanya mu gihe yari atahuwe maze akagerageza kurwana nayo akoresheje intwaro. Polisi ivuga ko yagerageje gutema Abapolisi yufashishije umuhoro bibatera kwirwanaho nkuko  bari mu kazi baramurasa.

SP Emmanuel Habiyaremye,  umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo  yatangaje  ko iraswa ry’uyu musore utaramenyekana  kugeza ubu, ryabereye Karere ka Muhanga, umurenge  wa Mushishiro , mu kagari ka Munazi ,umudugudu wa Kiyoro,  mu ma  munani n’iminota 50 zijoro.

Agaragaza  ko uyu musore ubwo yahuraga n’aba Polisi bari mu kazi kabo k’irondo, yabikanze bamuhagaritse abangura umuhoro bigaragara ko yari yiteguye  kubatema, bituma bamurasa ahita atatakariza ubuzima

Yagize ati“Abapolisi bamusanze atwika izo nsinga yari amaze kwiba, kubera ko yari yitwaje ibikoresho bitandukanye birimo n’umuhoro ashaka kubatema nta kindi bari gukora bamurashe bimuviramo urupfu.”Yarashe umwanya agira inama abantu bose bafite iyo ngeso yo kwiba insinga z’amashanyarazi,  kubireka bakabicikaho kuko bihungababya iterambere ry’iguhugu .

SP Emmanuel Habiyaremye yasoje yibutsa kandi abaturage ko bakwiye gukaza amarondo no kwicungira umutekano buri wese aba ijisho rya mugenzi we.

Umuturage wo muri uyu mudugudu wa Rwimpundu wo mu  Murenge wa Mushishiro, Nyiramana Clémentine nawe ahamya  ko mu minsi mike ishize abajura bibye insinga z’amashanyarazi ku rugo rwe. Ni amashanyarazi avuga ko bahawe  na Perezida Paul Kagame kubera ko bari mu cyiciro cy’abatishoboye bongera gusubizwa mu mwijima n’abajura babahekuye.

Yabigarutseho avuga ari “Bamaze kwiba badusubiza mu bwigunge twari twaribagiwe, ubu abaturanyi nibo bongeye kwishakamo ubushobozi baduteranyiriza izindi nsinga tuwusubizamo.” Uyu mubyeyi ashimira cyane inzego z’Umutekano zibafasha mu nzira yo guhasha  ubujura, akavuga ko bagomba guhanwa bihanukiriye kuko bangiza ibikorwa by’iterambere bikabadindiza imibereho yabo.

Bankundiye Noheli nawe yungamo avuga ko umunsi abo bajura biba insinga bazengurutse mu midugudu itandukanye biba insinga z’abaturage  benshi mu ijoro rimwe.

Yagize ati “Abajura barasubuia inyuma gahunda ya Perezida Kagame yo kwegereza umuriro w’amashanyarazi abaturage batagira umubare.”

Abantu barenga 170, ni bo Polisi imaze gufata mu Ntara y’Amajyepfo bakekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi n’abazigura bakaba barafatanywe insinga zifite metero 1687 z’uburebure.

SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko abenshi mu bafashwe bakekwaho iki cyaha cy’ubujura batuye  mu Karere ka Muhanga.

Hari bamwe mu baturage bavuga ko iki kibazo cy’abiba insinga z’amashanyarazi gikomeje, cyazavangamira  gahunda ya NST1 yo kuba mu mwaka wa 2024 ingo zose z’abaturage zizaba zikoresha  umuriro w’amashanyarazi. Ni mu gihe umurambo wa Nyakwigendera waje kujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzumwa.

Itegeko no.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 mu  ngingo yaryo y’ 182 riteganya  ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.

UMWANDITSI: NDAYISHIMIYE Libos

Related posts