Igitutu cya FARDC cyatumye ADF irekura abasivile barenga 100 muri Ituri,abaturage barishima

 

Mu ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasivile barenga 100 mu bari barashimuswe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF bamaze kurekurwa, nyuma y’igitutu gikomeye cyashyizwe kuri uwo mutwe n’ingabo za FARDC.

Aba baturage bari mu basaga 300 bari barafashwe bugwate, bakaba barekuwe mu gace ka Apodo gaherereye ku mupaka w’intara ya Haut-Uélé n’iya Ituri.

Umuvugizi w’igisirikare muri Ituri, Lieutenant Jules Ngongo, yatangaje ko iki ari igisubizo cy’ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukazwa hagamijwe guhashya burundu ADF no kubuza abarwanyi bayo gukomeza guhungabanya umutekano w’abaturage.

Yagize ati: “Abasivile barenga 100 bamaze kurekurwa kubera igitutu cya gisirikare cyashyizwe kuri ADF kandi icyo gitutu kirakomeje.”

Yakomeje avuga ko ingabo za FARDC zikiri mu bikorwa byo guhiga abo barwanyi, aho ziri gukorera mu gace ka Apodo ku mupaka wa Haut-Uélé na Ituri, kandi ko ibikorwa byo kubakurikirana bizakomeza.

Ati: “Turacyabakurikiranye, kandi tuzakomeza kubahiga kugeza igihe bazasubiza ibyo banyaze abaturage bose.”

Ibi bije nyuma y’uko sosiyete sivile muri Ituri yari yagaragaje impungenge zikomeye, ivuga ko benshi mu bashimuswe mu mpera z’icyumweru gishize bashobora kuba barishwe, ibintu byari byateye ubwoba mu baturage.

Nubwo kurekurwa kw’aba basivile kwatanze icyizere, haracyari abandi benshi bakekwaho kuba bagifashwe bugwate, mu gihe igisirikare gikomeje ibikorwa byo kubashakisha no kubacyura mu miryango yabo.