Politiki, Ubukungu, Ubuzima, Diaspora, Imikino, Urukundo
Amakuru

Biteye agahinda: Umwana wiga mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza bamusanze atwite inda. Dore uko byagenze

Umwana bivugwa ko yiga mu mwaka wa Gatatu w’ amashuri abanza wo mu gace ka i Bindura mu gihugu cya Zimbabwe bamusanze atwite inda y’ ibyumweru 27. Uyu mwana yari afite imyaka 9 y’ amavuko.

Ngo gutwika k’ uyu mwana nk’ uko byatangajwe na ZBC News , byagaragaye nyuma yo gukaka kw’ abayobozi bo ku ishuri ribanza rya Kambura bamujyanye kwa muganga ibipimo bikabyemeza.

Ibizamini byagaragaje ko umwana atwite ari mu kaga. Iki kibazo kirimo gukurikiranwa n’abapolisi kandi babonye ibimenyetso bibafasha mu iperereza. Polisi ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro

Ibi bibaye nyuma y’aho undi mwana w’imyaka 9 w’ahitwa Tsholotsho abyariye mu bitaro byitwa United Bulawayo Hospitals.

Hagati aho, se w’umukobwa utwite aravuga ko inda umukobwa we atwite yayitewe n’abakurambere [imbaraga zidasanzwe].

Uyu mugabo w’imyaka 29 y’amavuko yavuze ko mu buryo budasanzwe izo myuka zasuye uyu mukobwa we w’imyaka 9 nijoro ubwo nyina yari kure y’urugo maze zikinjiza ibintu mu myanya y’ibanga ye.

Nyina w’uyu mwana w’imyaka 26 we yavuze ko yababajwe no gutwita k’umwana we.Iyerekwa ritangaje ryakozwe na nyina wumubabaro wumukobwa utwite.

Related posts