Pasiteri wari ukunzwe na benshi mu Rwanda yitabye Imana

 

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mutarama, 2024 Pasiteri Ezra Mpyisi yitabye Imana ku myaka 102 y’amavuko.

Uyu musaza akaba yaramenyekanye cyane mu ibwirizabutumwa bwiza mu Itorero ry’Abadiventisti b’Umunsi wa Karindwi ndetse n’ibikorwa biteza imbere umuco nyarwanda, kuko ni umwe mu bashinze Inteko Izirikana igizwe n’abageze mu zabukuru baharanira ko umuco n’amateka by’u Rwanda bitasibangana.

Uyu musaza akaba yaramaze imyaka itari mike mu bu pasiteri
ari na byo byamuhesheje kuba mu Nama Nkuru y’Igihugu, yagiraga inama Umwami Mutara III Rudahigwa.

Rudahigwa amaze gutanga, Mpyisi yakomeje kugira inama Umwami Kigeli V Ndahindurwa wamusimbuye kugeza mu 1960, ubwo yahezwaga ishyanga n’Ababiligi, ku busabe bw’Ishyaka Parmehutu. Mpyisi yaje kujya hanze nk’impunzi, agaruka mu Rwanda mu 1997 rumaze imyaka itatu rubohowe.

Related posts

“Kuvuga ubutumwa mu buryo bwinshi kandi kuririmba mbona byabimfashamo”. Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo

Ushaka urupfu asoma impyisi! Pasiteri yongeye guhura n’ urupfu ari muzima nyuma yo kubeshya abakirisitu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu ishyamba

Umupasiteri yatangaje inkuru mbi ko Imana yamweretse ko umuhanzi ufite izina rikomeye muri ‘ Gospel’ hano mu Rwanda agiye gupfa yibwe na Satani