Musore: Umeze nk’ ikirondwe kiri ku ruhu inka yarariwe cyera niba umukobwa muri mu rukundo agukorera ibi.

Aka kanya , musore ushobora kuba uri mu rukundo , ushobora kuba ufite umukobwa wita Cherie na we akitaba mu kajwi gatuje ati’ Karame cheri’, ariko hagati aho , ijwi ryiza ntabwo risobanuye ko urukundo rwashinze imizi , ko umukobwa muri kumwe afite gahunda zo kubaka urugo.

1.Ntabwo agufuhira: Igihe cyose azakubonana n’ undi mukobwa , uzabona atabyitayeho, nta nubwo ashobora kukubaza uwo ari we , ahita abifata nkibisanzwe , mu gihe ugukunda ushaka ko munabana akubonana n’ undi mukobwa kabone niyo yaba ari mushiki wawe , akagusaba ibisobamuro umunsi wose.

2.Ntaba akeneye ko umujyana iwanyu: Bene uyu mukobwa , kubera ko aba adakeneye kuzakubera umugore cyangwa se akaba gushyingirwa atabitegenya vuba, ibyo kumwereka ababyeyi bawe aba abifata nk’ ibidafite agaciro.

3.Aba ashaka ko usesagura: Umukobwa ugukunda , ushaka ko mubana , ntabwo yagusura ngo narangiza akwake tike ya moto cyangwa voiture yamuzanye , mu gihe wawundoi udafite gahunda yo kubakana na we akunda kubigusaba , buri gihe agahora agusaba ko musohokana, ugatakaza amafaranga y’ umurengera.

4.Ubushizi bw’ isoni: Umukobwa utagufiteho umugambi wo kumubera se w’ abana , ntazatinya kukubwira ibiteye isoni , ngo akubwire ibishegu cyangwa se akubwire ibidakwiye.

Umukobwa ugukunda , ibyo akubwira byose arigengesera , yakumva akoze ibidakwiye agasaba imbabazi , akisegura , …

5.Ibiganiro bidafite intego: Umukobwa utagamije kubaka uzamubwirwa n’ ibiganiro agira , uzasanga nta munsi n’ umwe akubajije intego y’ urukundo rwanyu, uzasanga abyihuza ashaka kuganira ku bintu bitamusaba gutekereza cyane.

6.Gukunda ibirori: Umukobwa ugamije kubaka ntabwo akunda ibirori cyane , ahubwo akanya abonanye n’ umusore bakundana aba ashaka kukabyaza umusaruro , cyane cyane ashaka ko muganira ku buzima bw’ urukundo rwanyu rwejo hazaza.

7.Ntaba yifuza kumenywa n’ inshuti z’ umusore: Umukobwa uzi ko adashaka kubakana na we, uzamubwirwa n’ uko igihe cyose aba adashaka ko umwereka inshuti zawe , kuko aba azi ko hari izo ufite ziri( serieux) ku buryo zishobora kugushyiramo intekerezo zo kukwanga.

8.Kwishimisha: Iyi ngingo ikubiyemo byinshi , umukobwa udashaka ko mubana , aba yishakira kwishimisha cyane bishoboka , uzasanga umukobwa ushaka ko mubana ntabwo azemera ko musambana , urabimusaba akanga , kuko aba atekereza ko niyemera uhiga umufata nk’ indaya cyangwa umwasama.

9.Gukoresha imvugo ndacyari muto: Igihe cyose umukobwa udashaka ko mubana , uzasanga imvugo ze ziganjemo kuba muto , ko arangije kwiga vuba , ko akora utuntu tumeze nk’ utw’ abana, ….

Related posts

Ushaka wabyirinda nuko bigoye! Gusomana cyane byatuma wandura SIDA?

Kugira ngo ushyikire umukobwa mwiza mu buzima bwawe, ugomba kwitoza kujya ugenda wihuta: Uko wa kwegera umukobwa muhuriye hafi y’umuhanda agahita agusamira hejuru

Iyi nkuru ireba abari hejuru y’imyaka 18: Ese ubundi umuntu adakoze imibonano  byamutwara iki?Sobanukirwa