Mu mpanuka ikomeye abarimo umushoferi bitabye Imana abandi barakomereka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ahagana saa kumi nimwe za mu gitondo nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’impanuka ikomeye cyane aho yakozwe n’imodoka itwara abagenzi ya Jaguar yavaga mu Rwanda yerekeza mu gihugu cya Uganda.

Inkuru mu mashusho

Amakuru dukesha Polisi ya Uganda avuga ko iyo modoka ubwo yari igeze aho bita I kajumiro yarenze umuhamda bigatuma abantu bagera kuri batatu bahita bitaba Imana barimo n’umushoferi witwa David Asiimwe w’umugande ni mu gihe kandi abagenzi bagera ku munani bakomeretse.

Polisi ya Uganda kandi ikaba yatangaje ko abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga  ku buryo bwihuse mu kigo nderabuzima cya Maddu III kugira ngo bitabweho.

Nyuma y’iyi mpakuka kandi Polisi ya Uganda ikaba yahise ijyana iyi modoka kuri sitasiyo yayo ya Kanoni kugira ngo igenzurwe mu gihe kandi hagikomeje iperereza ngo hamenyekane icyaba cyateye iyi mpanuka yahitanye ubuzima bwabagera kuri batatu.

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe