Mu Karere ka muhanga ikirombe cyongeye gutwara ubuzima bw’ abantu abandi nabo barakomereka bikomeye

 

 

Mu Karere ka Muhanga , haravugwa inkuru ibabaje aho umuntu yishwe n’ ikirombe abandi barakomeka.

Inkuru mu mashusho

Ni umugabo witwa Uzabakiriho Samuel w’Imyaka 28 y’amavuko wo mu Kagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, wo muri kariya twavuze haruguru

Iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo Uzabakiriho Samuel yabereye mu Mudugudu wa Ngororano ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2023.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, bwabwiye Igihe dukesha ino nkuru ko bufatanyije n’abaturage n’inzego z’umutekano iyi mpanuka ikimara kuba bahise batabara.Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza Mugabo Gilbert yagize ati “ Ni umuntu umwe wapfuye abandi dufatanyije n’inzego twaratabaye babakuramo batari bapfa.”Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzumwa mu gihe bagenzi be nabo bari mu bitaro bitandukanye aho bari kwitabwaho.

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe