DR Congo: Imodoka 600 zimaze iminsi itatu mu muhanda zarabuze uko zitambuka _ Menya impamvu ibiri inyuma

Mu mahanda wa Komanda _ Mambasa muri Ituri muri DR Congo , kuva kuri uyu wa Mbare tariki ya 22 Kanama 2022, nibwo imodoka zirenga 600 zaheze muri uwo muhanda kubera umutekeno mucye uri muri icyo gihugu.Abayobozi bo muri iyo Ntara , barashinja abarwanyi b’ umutwe witwaje intwaro wa ADF urwanya Uganda , kuba ari bo bateje iki kibazo.

Amakuru avuga ko imodoka nyinshi zirimo inini n’ into zari ziturutse muri Bunia mu Ntara ya Kivu ya Ruguru , zimaze iminsi itatu ziri ahitwa Komanda. Umurongo w’ izi modoka ugera ahitwa Mambasa na zo zatumye iziva mu Ntara ya Tshopo zibura aho zinyura , nazo zigahita zihagararira aho zari zigeze.

Nk’ uko byatangajwe na Sosiyete Sivile yo mu Ntara ya Ituri , abagenzi babarirwa mu Bihumbi bari muri izi modoka , bari kubaho nabi nyuma y’ uko imodoka zari zibatwaye zibuze aho zinyura. Iyi miryago itari iya Leta , isaba Guverinoma gushaka undi muhanda wakwifashishwa mu rwego rwo kugira ngo abari bafite gahunda bagiyemo , gukomeza ingendo.

Basabye kandi ko Guverinoma ikora igikorwa cya Gisirikare kihariye cyo kwirukana abo barwanyi ba ADF bakomeje kugaba ibitero mu muhanda wa Komanda_ Mambasa. Kuri iyi ngingo, Lieutenat Jules Ngongo, Umuvugzi w’ Igisirikare biri gukorwa ndetse ko igisirikare cya Leta gikomeje kubyitwaramo kuva mu mpera z’ icyumweru gishize , aboneraho kwizeza ko urujya n’ uruza muri uyu muhanda rwongera gusubukura mu gihe cya vuba.

Related posts

Igisikare cya Congo kirimo guhiga bukware Abasore ba Banyamulenge ni babe maso byakomeye!

Byabaye nk’ amateka Twirwaneho yafashe ikibuga cy’ Indege cya Minembwe FARDC ikizwa n’ amaguru.

Nyuma y’ uko Twirwaneho yemeje urupfu rwa General Rukunda Makanika, Abanyamulenge bazindutse bagabwaho Ibitero.