Batwitse Kiliziya banashimuta Abapadiri n’ umubikira baburirwa irengero. Inkuru irambuye

Abantu bitwaje intwaro bagabye igitero kuri Kiliziya barayitwika ndetse bashimuta abantu umunani barimo abapadiri n’ umubikira. Byabereye muri Cameroon mu gace ka Nchang mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bw’ iki gihugu.

Amakuru dukesha BBC avaga ko kugeza ubu nta mutwe n’ umwe urigamba iki gitero, gusa Musenyeri Andrew Nkea ureberera diyosezi iyi kiliziya ibarizwamo yavuze aba bantu bashimuse aba bapadiri n’umubikira bari kwaka amafaranga Kiliziya Gatolika muri iki gihugu.

Mu majyaruguru ashyira uburengerazuba n’amajyepfo ashyira uburengerazuba bwa Cameroon hamaze iminsi hari ibibazo by’umutekano muke bishingiye ku makimbirane y’abavuga Icyongereza n’Abavuga Igifaransa.Izi mvururu zimaze kugwamo abarenga 6000 mu gihe abandi barenga miliyoni bavuye mu byabo.

Related posts

“Kuvuga ubutumwa mu buryo bwinshi kandi kuririmba mbona byabimfashamo”. Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo

Ushaka urupfu asoma impyisi! Pasiteri yongeye guhura n’ urupfu ari muzima nyuma yo kubeshya abakirisitu barenga 250 ababwira ko bagiye gutegereza Yesu mu ishyamba

Umupasiteri yatangaje inkuru mbi ko Imana yamweretse ko umuhanzi ufite izina rikomeye muri ‘ Gospel’ hano mu Rwanda agiye gupfa yibwe na Satani