Abanyeshuri biga mu mwaka wa Gatandatu n’ abo mu wa Kane w’ amashuri yisumbuye barwanye bose bahita birukanwa , igitaraganya( inkuru irambuye)

Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Kamena 2022 , nibwo abanyeshuri bahagaritswe , nyuma yo gushyamirana bakarwana bapfa kuba hari bamwe bari bahohoteye umwe muri bagenzi babo.

Aba banyeshuri biga mu mwaka wa Gatandatu n’ abo mu wa Kane w’ amashuri yisumbuye mu ishuri rya Mbarara High school mu gihugu cya Uganda, ubwo barwanaga bahise bahambirizwa utwabo ngo batahe mu gihe cy’ ibyumweru bigera kuri bibiri.

Kuri iyi tariki twavuze haruguru nibwo umwe muri bagenzi babo bari bamaze kumuhohotera , byahise bituma aba banyeshuri barwana inkundura aho muri iyi mirwano hakomerekeyemo abanyeshuri 11 bo mu mwaka wa kane.

Amakuru avuga ko abanyeshuri 10 mu bakomeretse, bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Ruharo naho undi umwe ajyanwa mu bitaro bikuru bya Homily biri i Mbarara.

Samson Kasasira uvugira Polisi ya Uganda mu gace ka Rwizi, yatangaje ko abanyeshuri bo muri iyi myaka ibiri y’amashuri bose bahise boherezwa iwabo mu gihe cy’ibyumweru bibiri nk’igihano cy’ibi bikorwa bitemewe bakoze.

Uvugira Polisi ya Uganda mu gace ka Rwizi , Samson Kasasira , yavuze ko abanyeshuri bo muri iyi myaka ibiri y’amashuri bose bahise boherezwa iwabo mu gihe cy’ibyumweru bibiri nk’igihano cy’ibi bikorwa bitemewe bakoze ku ishuri.

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe