Ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Kanama 2026, imirwano yongeye kubuka hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo mu mudugudu wa Misambo, uherereye muri zone ya Kisimba muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko amakuru ava muri ako gace abivuga, abarwanyi ba AFC/M23 baturutse i Rusamambu, muri zone ya Ikobo, bagabye igitero ku birindiro bya Wazalendo i Misambo.
Iyi mirwano yatangiye mu gitondo kare, yumvikanamo urusaku rukomeye rw’amasasu y’intwaro ziremereye ndetse n’izoroheje, nk’uko bitangazwa n’urubuga ACTUALITE.CD rwegamiye kuri Leta ya Kinshasa.
Imirwano yateje impungenge mu baturage ba Misambo n’imidugudu ihakikije, aho bamwe batinyaga ko ishobora gukwirakwira no mu tundi duce.
Nyuma y’amasaha menshi y’imirwano, abarwanyi ba Wazalendo batangaje ko basubije inyuma igitero. Byavuzwe ko abarwanyi ba AFC/M23 basubiye inyuma berekeza i Rusamambu muri zone ya Ikobo.
Nk’uko ayo makuru akomeza abivuga, agace ka Misambo kagumye mu maboko ya Wazalendo.
Nta makuru yizewe yahise aboneka yerekeye ababa bapfuye cyangwa abakomerekeye muri iyo mirwano, cyangwa ibyangiritse.
