Ituri: Imirwano ikaze isize abarwanyi 11 bahasize ubuzima, ariko umutekano w’abaturage ukomeje kuba ikibazo

 

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zishe abarwanyi 11 b’imitwe yitwaje intwaro mu mirwano ikomeye yabereye ku mirongo itandukanye mu Ntara ya Ituri. Muri abo, harimo batanu bo mu mutwe wa ADF (Allied Democratic Forces) n’abandi batandatu bo mu mutwe wa CRP uyobowe na Thomas Lubanga.

Nk’uko byasobanuwe na Lt. Jules Ngongo Tshikudi, umuvugizi w’ingabo muri Ituri, abarwanyi ba ADF biciwe i Mambasa,Centre mu gihe igisirikare cyasubizaga inyuma igitero cyari
kibasiye abaturage. Ku rundi ruhande, abarwanyi ba CRP bo baguye mu gace ka Djugu nyuma y’imirwano ikomeye. Yagize ati: “Ingabo zacu zasubije ibitero byombi zidasubira inyuma, kandi ibikorwa byo gushakisha abasigaye birakomeje.”

Nubwo FARDC ivuga ko yageze ku ntsinzi muri iyi mirwano, ibitero by’abo barwanyi byasize ingaruka zikomeye ku baturage. Amakuru ava i Mambasa,Centre agaragaza ko inzu nyinshi zasahuwe zikanatwikwa, ndetse bamwe mu baturage bakaba barashimuswe.

Ibi byongeye kugaragaza ikibazo cy’uko hakiri icyuho mu igenamigambi rihuriweho ryafasha guhosha burundu ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ikomeje guteza umutekano muke muri Ituri.